Perezida Kagame n’Umuryango we mu bitabiriye igitaramo cya John Legend

Perezida Kagame n'Umuryango we mu bitabiriye igitaramo cya John Legend
Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 21 Gashyantare 2025, Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame n’abandi bo mu muryango we bitabiriye igitaramo cy’amateka cy’umuhanzi w’icyamamare ku Isi, John Legend, cyabereye muri BK Arena i Kigali.

Ni igitaramo cyabaye mu rwego rwa Move Afrika, cyitabirwa n’abantu batari bake barimo bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda, aho Perezida Kagame n’umuryango we bagaragaje ko bishimiye iki gikorwa cyahurije hamwe ibyamamare n’abakunzi b’umuziki.

Perezida Kagame n’umuryango we barebye igitaramo cyaranzwe n’ibyishimo n’imbyino, aho John Legend yaserutse mu mwambaro wa Made in Rwanda, agasoreza ku ndirimbo ye ikunzwe Love Me Now.

Mu butumwa bwe, Legend yavuze ko yishimiye kuba i Kigali ku nshuro ya mbere, agira ati: "Nishimiye kugera i Kigali, by’umwihariko nejejwe no gutaramira bwa mbere muri Afurika y’Iburasirazuba."

Iki gitaramo cyaranzwe n’ibihe bidasanzwe, aho umuhanzi Bwiza yataramiye abari aho, aririmbana n’abafana be indirimbo Ogera yakoranye na Bruce Melodie, mbere y’uko John Legend afata urubyiniro.

Umuryango wa Perezida Kagame wagaragaye wishimye cyane muri iki gitaramo cy’amateka, aho cyongeye kugaragaza ubushake bw’u Rwanda mu kwakira ibitaramo mpuzamahanga bikomeye.

2682 0
Usubiza:
pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Contact

KIGALI/NYARUGENGE

+250783046313

+250788251903

info@imirasire.com

Follow Us
Newsletter
amakuru ni uberenganzira bwanyu kuyamenya natwe turasiye hirya no hino kubwanyu

© 2017 - 2026 Imirasire.rw. All Rights Reserved. Design by IMIRASIRE